Categories
1 Yohani

1 Yohani 5

Kwizera Umwana w’Imana

1 Umuntu wese wemera ko Yezu ari Kristo aba abaye umwana w’Imana, kandi umuntu wese ukunda umubyeyi aba akunda n’urubyaro rwe.

2 Iyo dukunze Imana tugakora ibyo idutegeka, ubwo ni bwo tumenya ko dukunda abana b’Imana.

3 Uku ni ko gukunda Imana: ni ugukurikiza amategeko yayo kandi amategeko yayo ntagoye,

4 kuko uwabaye umwana w’Imana wese atsinda isi kandi insinzi y’isi ngiyi: ni ukwizera Yezu kwacu.

5 Mbese ni nde utsinda isi atari uwemera ko Yezu ari Umwana w’Imana?

Ubuhamya ku Mwana w’Imana

6 Yezu Kristo ni we waje ku bw’amazi no ku bw’amaraso, atari ku bw’amazi gusa ahubwo ni ku bw’amazi n’amaraso. Mwuka kandi ni we uhamya ibyo, kuko Mwuka ari ukuri.

7 Hari ibimenyetso bitatu bibihamya:

8 Mwuka n’amazi n’amaraso, kandi ibyo uko ari bitatu birahuje.

9 Niba twemera ibyo abantu bahamya, ibyo Imana ihamya byo birabitambutse cyane, kuko yo yahamije ibyerekeye Umwana wayo.

10 Bityo rero uwemera Umwana w’Imana umutima we umwemeza ibyo, naho utamwemera aba yise Imana inyabinyoma, kuko aba atemeye ibyo Imana yahamije byerekeye Umwana wayo.

11 Icyo yahamije ni iki: Imana yaduhaye ubugingo buhoraho, kandi ubwo bugingo tubuherwa mu Mwana wayo.

12 Ufite Umwana w’Imana afite ubwo bugingo, naho udafite Umwana w’Imana nta bugingo afite.

Kumenya ko ufite ubugingo buhoraho

13 Ibyo mbibandikiye kugira ngo mumenye ko mufite ubugingo buhoraho, mwebwe abemera Umwana w’Imana.

14 Ikidutera kuyizera ntacyo twishisha ni iki: tuzi ko itwumva igihe tuyisabye ikintu gihuje n’uko ishaka.

15 Ubwo kandi tuzi ko itwumva igihe tuyisabye ikintu icyo ari cyo cyose, tumenya ko icyo tuyisabye tuba tumaze kugihabwa.

16 Nihagira ubona umuvandimwe we akora icyaha kitari icyo kumujyana mu rupfu rw’iteka, namusabire. Imana izamuha ubugingo, niba koko icyo cyaha atari icyo kumujyana mu rupfu. Icyakora icyaha kijyana mu rupfu rw’iteka kibaho. Simvuga ko mwasabira ukora icyo ngicyo.

17 Ubugome bwose umuntu agira bumubera icyaha, ariko icyaha cyose si ko kijyana umuntu mu rupfu rw’iteka.

18 Tuzi ko uwabaye umwana w’Imana wese adakomeza gukora ibyaha, kuko Yezu Umwana wayo amurindamaze Sekibi ntagire icyo amukoraho.

19 Tuzi yuko turi ab’Imana, naho ab’isi bose bagengwa na Sekibi.

20 Tuzi kandi ko Umwana w’Imana yaje akaduha umutima wo kumenya Imana Nyirukuri. Ndetse turi umwe na Nyirukuri uwo, tubikesha Umwana we Yezu Kristo. Erega ni we Mana Nyir’ukuri, ni na we Bugingo buhoraho!

21 Bana banjye, mwirinde gusenga ibigirwamana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1JN/5-fdb3761b0a63520f4164ffe95401c422.mp3?version_id=387—

Categories
2 Yohani

2 Yohani 1

Indamutso

1 Jyewe Umukuru, ndakwandikiye Mubyeyi,wowe mugore watoranyijwe n’Imana hamwe n’abana bawe, mbakunda kubera ukuri kw’Imana dusangiye. Si jye jyenyine ubakunda, ahubwo n’abazi uko kuri bose barabakunda.

2 Ikibidutera ni uko kuri kuguma muri twe tukazahorana na ko iteka.

3 Imana Data nitugirire ubuntu, iduhe n’imbabazi n’amahoro ifatanyije na Yezu Kristo Umwana wayo, ibyo byose bishingiye ku kuri kwayo no ku rukundo rwayo.

Ukuri n’urukundo

4 Nishimiye cyane kubona bamwe mu bana bawe bagendera mu kuri kw’Imana, bakurikije itegeko twahawe n’Imana Data.

5 None rero Mubyeyi, ndagusabye ngo twese dukundane! Iryo si itegeko rishya mbandikiye, ahubwo ni iryo twahawe kuva mbere na mbere.

6 Urwo rukundo dore uko ruteye: ni ukugenda dukurikiza amategeko y’Imana, kandi itegeko nyaryo ni rya rindi mwabwiwe kuva mbere na mbere, kugira ngo muhore mugenza mutyo.

7 Ku isi hadutse abashukanyi benshi batemera ko Yezu Kristo yaje yigize umuntu. Ugenza atyo ni umushukanyi kandi ni umwanzi urwanya Kristo.

8 Mwirinde rero mutazava aho mubura ibyo mwaruhiye,ahubwo muharanire kuzahabwa ingororano yuzuye.

9 Umuntu wese udakomeza inyigisho za Kristo akazirengaho, nta Mana afite. Naho ukomeza izo nyigisho ni we uba afite Imana Data, akaba afite n’Umwana wayo.

10 Nihagira umuntu uza muri mwe mugasanga atemera izo nyigisho, ntimuzamwakire mu mazu yanyu, ndetse ntimuzanamubwire muti: “Urakaza neza!”

11 Erega uwakira bene uwo aba yifatanyije na we mu bibi akora.

Umwanzuro

12 Nubwo mfite byinshi nabandikira, ariko sinshatse kubibamenyesha nkoresheje urupapuro na wino. Ahubwo niringiye kuzaza iwanyu nkabibabwira imbonankubone, kugira ngo twishimane bihagije.

13 Abana ba mukuru wawe,na we watoranyijwe n’Imana baragutashya.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2JN/1-1ede0b05e5c2c4ab3ebb134d6ba7ac44.mp3?version_id=387—

Categories
3 Yohani

3 Yohani 1

Indamutso

1 Jyewe Umukuru,

ndakwandikiye Gayo ncuti yanjye nkunda kubera ukuri kw’Imana.

2 Ncuti nkunda, ndakwifuriza kumererwa neza no kuba mutaraga mu mubiri, nk’uko uri mutaraga mu mutima.

3 Koko narishimye cyane, igihe abavandimwebamwe bazaga bagahamya ukuntu ukomeye ku kuri kw’Imana, kandi ukaba ugenda ukurikiza uko kuri.

4 Nta kintu kinezeza nko kumva ko abana banjye bakurikiza ukuri.

Incuti z’ukuri n’abanzi bako

5 Ncuti nkunda, uri indahemuka mu byo ukorera abavandimwe byose, ndetse nubwo baba ari ab’ahandi.

6 Bahamije iby’urukundo rwawe imbere y’umuryango wa Kristo.Nyamuneka, nk’uko bikwiriye abakozi b’Imana, ni byiza ko ubahambirira impamba bagakomeza urugendo rwabo.

7 Bahagurutse batumwe na Kristo ntibemera kugira icyo bahabwa n’abatemera Imana yacu.

8 Tugomba kunganira bene abo bantu rero, kugira ngo tube dufatanyije na bo kogeza ukuri kw’Imana.

Diyoterefe na Demeteriyo

9 Nandikiye umuryango wa Kristo w’iwanyu, ariko Diyoterefe ukunda kwiha ubukuru muri mwe ntatwemera.

10 Ni cyo gituma ninza nzashyira ahabona ibyo akora n’ukuntu adusebya, akatubeshyera. Si ibyo gusa, yanga no gucumbikira abavandimwe, n’abashaka kubakīra akabibabuza ndetse akanabaca mu Muryango w’Imana.

11 Ncuti nkunda, ntugakurikize urugero rw’ibibi abandi bakora, ahubwo ujye ukurikiza urugero rwiza. Ukora ibyiza aba ari uw’Imana, naho ukora ibibi aba atarayibona.

12 Demeteriyo we abantu bose bamuvugaho ibyiza, yewe n’ukuri twamamaza na ko kurabihamya ndetse natwe ubwacu turabihamya, kandi uzi ko ibyo duhamya ari ukuri.

Umwanzuro

13 Nari nshigaje byinshi nakwandikira, ariko sinifuje gukoresha wino n’ikaramu.

14 Ahubwo niringiye kuzakubona bidatinze maze tuvugane imbonankubone.

15 Gira amahoro.

Incuti zawe ziragutashya, nawe udutahirize izacu buri muntu ku giti cye.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/3JN/1-a822722eef0cca18dd11a0d06acdbae8.mp3?version_id=387—

Categories
Yuda

Yuda 1

Indamutso

1 Jyewe Yuda umugaragu wa Yezu Kristo, nkaba n’umuvandimwe wa Yakobo, ndabandikiye mwebwe abahamagawe, mugakundwa n’Imana Data kandi mukarindwa na Yezu Kristo.

2 Imana ibagirire imbabazi, ibahe amahoro n’urukundo bisesuye.

Abigisha b’ibinyoma

3 Ncuti nkunda, nari nsanzwe mfite ishyaka ryo kubandikira ibyerekeye agakiza dusangiye, none mbonye ko ari ngombwa kubikora ngo mbatere umwete wo kurwanira ibyerekeye Kristo twemera, ibyo Imana yabishinze intore zayo rimwe rizima.

4 Hari abantu basuzuguye Imana baseseye muri mwe rwihishwa. Ibyerekeye ubuntu tugirirwa n’Imana yacu babihindura ukundi, kugira ngo bishyigikire ubwomanzi bwabo kandi bagahinyura Umwami wacu Yezu Kristo, ari we databuja umwe rukumbi. Iteka bazacirwa ryanditswe kuva kera.

5 Nubwo ibyo byose mubizi, ndashaka kubibutsa ko Nyagasaniyarokoye Abisiraheli akabavana mu Misiri, ariko hanyuma agatsemba abatamwemeraga.

6 Mwibuke n’abamarayika batagumye mu myanya Imana yabahaye, maze bakivana ahasusurutse. Barindiwe mu mwijima baboheshejwe iminyururu ihoraho iteka, bategereje kuzacirwa urubanza kuri wa munsi ukomeye.

7 Mwibuke na Sodoma na Gomora n’imijyi yari ihakikije, ukuntu abaturage baho batwawe n’ubusambanyi no guhuza ibitsina bimwe. Bahawe igihano cy’umuriro w’iteka, kugira ngo bibere bose urugero.

8 Na ba bandi ni ko babigenza: bagira inzozi zituma bangiza imibiri yabo, bagasuzugura ubutegetsi ubwo ari bwo bwose, ndetse bagatuka ibyitwa Ibinyakuzo byo mu ijuru.

9 Nyamara na Mikayeli Umumarayika mukuru, igihe yajyaga impaka na Satani baburana umurambo wa Musa,ntiyahangaye gucira Satani urubanza amutuka, ahubwo yaravuze ati: “Nyagasani nagukangare!”

10 Ariko abo bantu bapfa gutuka icyo batazi cyose, naho ibyo bazi bituruka kuri kamere yabo, kimwe n’inyamaswa zitagira ubwenge, ni na byo biboreka.

11 Bazabona ishyano! Banyuze mu nzira ya Kayini, bakohokera mu buyobe bwa Balāmu ari inyungu bakurikiranye, bagatikirira mu myivumbagatanyo nka Kōra.

12 Ni bo baza kwangiza ugusangira kwa kivandimwemugira, basangira namwe nta cyo bishisha. Ni abashumba birwanaho ubwabo. Ni ibicu bihuherwa n’umuyaga ntibigushe imvura. Ni ibiti bitera imbuto no mu gihe cy’isarura bikumirana, bikanaranduka.

13 Ni umuhengeri wo mu nyanja warubiye, ukavundereza ifuro ry’ibiteye isoni bakora. Ni inyenyeri zizerera, zagenewe umwijima w’icuraburindi iteka ryose.

14 Henoki uwa karindwi mu masekuruza kuva kuri Adamu, yahanuye iby’abo bantu agira ati: “Dore Nyagasani azanye n’intore ze ibihumbi n’ibihumbi,

15 aje gucira abantu bose urubanza no gushinja abatubaha Imana bose, ibyo bakoze byose byo kuyisuzugura n’ibitutsi abanyabyaha bayitutse!”

16 Abo bantu bahora bijujuta kandi binuba, bagengwa n’irari ryabo. Bahora mu magambo y’ubwirasi, kandi bakaryoshyaryoshya abo bashakaho inyungu.

Kwihanangiriza Abakristo

17 Nyamara mwebweho ncuti nkunda, mwibuke ibyahanuwe kera n’Intumwa z’Umwami wacu Yezu Kristo.

18 Zarababwiye ziti: “Mu minsi y’imperuka hazaduka abakobanyi, bakurikiza irari ribatera gusuzugura Imana”.

19 Abo ni ba bantu bazana kwicamo ibice, bagengwa na kamere yabo, ntibagengwe na Mwuka w’Imana.

20 Ariko mwebweho ncuti nkunda, mugumye mwishingikirize ku byerekeye Kristo twemera bitagira amakemwa, musenge muvugishwa na Mwuka Muziranenge.

21 Byongeye kandi muhame mu rukundo rw’Imana, mutegereje ko Umwami wacu Yezu Kristo abageza ku bugingo buhoraho kubera imbabazi ze.

22 Abagishidikanya mubagirire impuhwe,

23 mubarokore nk’ababarura mu muriro. Abandi mubagirire impuhwe zivanze n’ubwoba, mwanga ndetse n’imyambaro yabo yandujwe n’imigirire baterwa na kamere yabo.

Isengesho rihesha Imana ikuzo

24 Imana ni yo ibasha kubarinda kugwa mu cyaha, ikabazana imbere yayo mufite ikuzo ryayo nta makemwa, muvuza n’impundu.

25 Iyo Mana imwe rukumbi yadukirishije Umwami wacu Yezu Kristo, igumane ikuzo n’ubuhangange n’ububasha n’ubushobozi, kuva mbere na mbere na n’ubu n’iteka ryose. Amina.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/JUD/1-21bf5e01e1ac2cbd7f5ba13e9b47edf1.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 1

1 Ibi ni ibyahishuwe na Yezu Kristo abihawe n’Imana, kugira ngo yereke abagaragu be ibyenda kubaho. Yabimenyesheje umugaragu we Yohani amutumyeho umumarayika.

2 Yohani na we yemeza ijambo ryavuye ku Mana, n’iby’ukuri Yezu Kristo yahamije akurikije ibyo yiboneye.

3 Hahirwa umuntu usoma iki gitabo, hahirwa n’abumva amagambo yahanuwe akirimo kandi bagakurikiza ibyanditswemo, kuko igihe byagenewe cyegereje.

Indamutso ku matorero arindwi agize Umuryango w’Imana

4 Jyewe Yohani, ndabandikiye mwebwe amatorero arindwi yo mu ntara ya Aziya. Imana nibagirire ubuntu ibahe n’amahoro, yo iriho kandi yahozeho, kandi igiye kuza. Nibikore ifatanyije n’ibyitwa ibinyamwuka birindwibihora imbere y’intebe yayo ya cyami.

5 Ibikore kandi ifatanyije na Yezu Kristo umuhamya w’indahemuka, akaba yarabimburiye abandi kuzuka mu bapfuye, akagirwa umutware w’abami bategeka iyi si. Kristo aradukunda, ni na we watubohoye amena amaraso ye kugira ngo atuvane mu byaha byacu.

6 Yatugize kandi abantu bo mu bwami bwe b’abatambyi, kugira ngo dukorere Imana Se. Nahabwe ikuzo n’imbaraga iteka ryose. Amina.

7 Dore aje ku bicu, umuntu wese azamubona ndetse n’abatoboye umubiri we bazamubona. Amoko yose yo ku isi azacura imiborogo ku bwe. Koko bizaba bityo! Amina.

8 Nyagasani Imana Ishoborabyose, iriho kandi yahozeho, kandi igiye kuza iravuga iti: “Ni jyewe Ntangiriro, ni nanjye Herezo.”

Yohani abonekerwa na Kristo

9 Ni jye Yohani umuvandimwe wanyu musangiye amakuba duhōrwa Yezu, musangiye kandi ubwami bwe n’ukwihangana duterwa na we. Nari ku kirwa cya Patimo, mpōrwa Ijambo ry’Imana n’iby’ukuri Yezu yahamije.

10 Ku munsi wa Nyagasani, Mwuka w’Imana anzaho maze ndabonekerwa, inyuma yanjye numva ijwi rimeze nk’iry’impanda

11 ry’uvuga cyane ati: “Ibyo ureba ubyandike mu muzingo w’igitabo, uwoherereze amatorero arindwi yo muri iyi mijyi: Efezi na Simirina na Perugamo, na Tiyatira na Saridi, na Filadelifiya na Lawodiseya.”

12 Ndahindukira kugira ngo ndebe uwambwiraga, maze mbona hateretswe amatara arindwi akozwe mu izahabu.

13 Hagati yayo hari hahagaze usa n’umwana w’umuntu. Yari yambaye ikanzu ndende, igituza cye kizengurutswe n’umukandara w’izahabu.

14 Umutwe we n’umusatsi we byereranaga nk’inyange cyangwa nk’urubura, kandi amaso ye yari nk’indimi z’umuriro.

15 Ibirenge bye byarabagiranaga nk’umuringa wamazwemo inkamba n’umuriro ugasenwa, kandi ijwi rye ryarangiraga nk’amazi menshi asuma.

16 Mu kuboko kwe kw’iburyo yari afite inyenyeri ndwi, naho mu kanwa ke havagamo inkota ityaye. Mu maso he harabagiranaga nk’izuba ryo ku manywa y’ihangu.

17 Murabutswe mpita nikubita hasi imbere ye mera nk’uwapfuye.

Nuko andambikaho ikiganza cy’iburyo aravuga ati: “Witinya! Ni jye Ntangiriro, ni nanjye Herezo.

18 Dore ndi muzima, nari narapfuye none ndiho kugeza iteka ryose. Ni jye ufite imfunguzo, nshobora gufunga no gufungura urupfu n’ikuzimu.

19 Nuko rero andika ibyo ubonye, ari ibiriho ubu ari n’ibigiye gukurikiraho.

20 Ibyerekeye inyenyeri ndwi wabonye mu kiganza cyanjye cy’iburyo, n’amatara arindwi y’izahabu ni ibanga. Dore uko iryo banga risobanura: inyenyeri ndwi ni abamarayika bashinzwe ya matorero arindwi, naho amatara arindwi ni ayo matorero arindwi ubwayo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/1-1d41502c6ad59b8b7d9da9cc1640fe6c.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 2

Ubutumwa bugenewe itorero ry’Imana ryo muri Efezi

1 “Andikira umumarayika ushinzwe itorero ry’Imana ryo muri Efezi uti: ‘Ufashe inyenyeri ndwi mu kuboko kw’iburyo, akanagendera hagati y’amatara arindwi y’izahabu aravuze ngo:

2 Nzi ibyo ukora n’ukuntu uvunika ntucogore. Nzi kandi ko utabasha kwihanganira abagizi ba nabi. Wagenzuye abiyita intumwa za Kristo kandi atari zo, maze usanga ko babeshya.

3 Koko warihanganye, warababajwe bakumpōra ntiwacika intege.

4 Icyakora hari icyo nkugaya, ni uko waretse kunkunda nk’uko wankundaga mbere.

5 Nuko rero wibuke aho wavuye ukagwa, maze wihane wongere gukora uko wakoraga mbere. Nibitaba bityo nzaza aho uri, nkure itara ryawe aho riteretse niba utihannye.

6 Nyamara hari icyo ngushimira, ni uko wanga imigenzereze y’abayoboke ba Nikolank’uko nanjye nyanga.

7 “ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w’Imana abwira amatorero yayo! Utsinda wese nzamuha kurya ku mbuto z’igiti cy’ubugingo, kiri mu busitani bw’Imana.’

Ubutumwa bugenewe itorero ry’Imana ry’i Simirina

8 “Andikira umumarayika ushinzwe itorero ry’Imana ry’i Simirina uti: ‘Uw’Intangiriro akaba n’uw’Iherezo, ari na we wari warapfuye none akaba ariho, aravuze ngo:

9 Nzi amakuba ugira n’ubukene bwawe, nyamara kandi uri umukungu rwose! Nzi n’ukuntu utukwa n’abiyita Abayahudi kandi atari bo, ahubwo ari abo mu ikoraniro ry’abasenga Satani.

10 Ntutinye uburyo uzababazwa: dore Satani agiye kubagerageza arohe bamwe muri mwe muri gereza, mugirirwe nabi kumara iminsi icumi. Urabe indahemuka rero kugeza ku gupfa, nanjye nzaguha ubugingo buhoraho ubugire ho ikamba.

11 “ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w’Imana abwira amatorero yayo! Utsinda wese ntacyo urupfu rwa kabiri ruzamutwara.’

Ubutumwa bugenewe itorero ry’Imana ry’i Perugamo

12 “Andikira umumarayika ushinzwe itorero ry’Imana ry’i Perugamo uti: ‘Ufite inkota ityaye impande zombi aravuze ngo:

13 Nzi aho utuye, ni aho Satani ashinze intebe ye ya cyami, ariko ntibyakubujije gukomera kuri jye. Ntiwigeze unyihakana, habe no mu gihe Antipa umuhamya wanjye w’indahemuka yicirwaga iwanyu, aho Satani aganje.

14 Icyakora mfite ibyo nkugaya: ni uko iwanyu hari abantu bakurikiza inyigisho za Balāmu, wigishije Balaki kugusha Abisiraheli mu cyaha, barya inyama zaterekerejwe ibigirwamana bakanasambana.

15 Iwanyu kandi hari abakurikiza inyigisho z’ubuyobe z’abayoboke ba Nikola.

16 Nuko rero wihane. Nibitaba bityo ngiye kuza aho uri bidatinze, mbarwanye nkoresheje inkota iva mu kanwa kanjye.

17 “ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w’Imana abwira amatorero yayo! Utsinda wese nzamugaburira manu ihishwe. Buri wese kandi nzamuha ibuye ryera ryanditsweho izina rishya, ritazwi n’umuntu uwo ari we wese keretse uzaba arihawe.’

Ubutumwa bugenewe itorero ry’Imana ry’i Tiyatira

18 “Andikira umumarayika ushinzwe itorero ry’Imana ry’i Tiyatira uti: ‘Umwana w’Imana ufite amaso ameze nk’ibirimi by’umuriro, n’ibirenge birabagirana nk’umuringa usenwe aravuze ngo:

19 Nzi ibyo ukora n’urukundo ugira, nzi n’uko unyizera n’umurimo unkorera no kwihangana kwawe. Nzi kandi ko ibyo ukora ubu biruta kure ibyo wakoraga mbere.

20 Ariko mfite icyo nkugaya: ni uko wa mugore Yezebeliwiyita umuhanuzikazi, umwemerera kwigisha. Ayobya abagaragu banjye abigisha gusambana, no kurya ibyaterekerejwe ibigirwamana.

21 Namuhaye igihe cyo kwihana nyamara ntashaka kureka ubusambanyi bwe.

22 Ni cyo gituma ngiye kumuheza ku buriri hamwe n’abasambane be, kugira ngo bababazwe bikomeye niba batihannye ngo bareke ibibi bakorana na we.

23 Ndetse n’abana be nzabica, bityo amatorero yose y’Imana azamenyeraho ko jyewe nzi kugenzura ibitekerezo n’ibyifuzo by’abantu. Umuntu wese muri mwe nzamwitura ibikwiriye ibyo azaba yarakoze.

24 Naho rero abasigaye bo mu muryango w’Imana w’i Tiyatira mwirinze gukurikiza izo nyigisho mbi, nta n’ubwo muzi ibyo bita “Amabanga akomeye ya Satani.” Ndabamenyesha ko nta wundi mutwaro mbakoreye,

25 keretse gukomeza ibyo musanganywe kugeza aho nzazira.

26 Uzatsinda wese agakomeza gukora ibyo nshaka kugeza ku iherezo, nzamuha ubushobozi bwo gutegeka amahanga

27-28 nk’uko nabuhawe na Data. Azayaragiza inkoni y’icyuma, ayajanjagure nk’ujanjagura ikibindi,kandi nzamuha n’inyenyeri yo mu rukerera.

29 “ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w’Imana abwira amatorero yayo!’

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/2-bbcac2015edfc77b68aa8b83ebb1b342.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 3

Ubutumwa bugenewe itorero ry’Imana ry’i Saridi

1 “Andikira umumarayika ushinzwe itorero ry’Imana ry’i Saridi uti: ‘Ufite ibinyamwukabirindwi biva ku Mana, kandi akaba afite na za nyenyeri ndwi aravuze ngo: Nzi ibyo ukora. Witwa ko uriho nyamara wapfuye uhagaze.

2 Kanguka ukomeze ibyo usigaranye na byo byenda gupfa. Ni koko nasanze ibikorwa byawe imbere y’Imana bituzuye.

3 Nuko rero ibuka ibyo wigishijwe ukabyumva maze ubyitondere, wihane. Naho nutaba maso nzaza ngutunguye nk’umujura, ntabwo uzamenya igihe nzakugereraho.

4 Icyakora i Saridi ufite bamwe batandujeimyambaro yabo. Bazagendana nanjye bambaye imyambaro yera, koko barabikwiriye.

5 Utsinda wese azambikwa imyambaro yera, kandi sinzigera mpanagura izina rye mu gitabo cy’ubugingo.Nzemera ko ari uwanjye imbere ya Data n’imbere y’abamarayika be.

6 “ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w’Imana abwira amatorero yayo!’

Ubutumwa bugenewe itorero ry’Imana ry’i Filadelifiya

7 “Andikira umumarayika ushinzwe itorero ry’Imana ry’i Filadelifiya uti: ‘Uwitwa Umuziranenge n’Umunyakuri wasigaranye urufunguzo rw’Umwami Dawidi,wa wundi ufunga ntihagire ufungura, kandi yafungura ntihagire ufunga aravuze ngo:

8 Nzi ibyo ukora. Nubwo ufite intege nke nzi ko wakurikije ibyo nigishije, kandi ko utigeze unyihakana. Nuko rero ngukinguriye irembo ngo ngutume, nta muntu n’umwe ubasha kugukoma imbere.

9 Bamwe bo mu ikoraniro ry’abasenga Satani babeshya ko ari Abayahudi kandi atari bo, dore ngiye kubakuzanira, bakwikubite imbere, bamenye ko ngukunda.

10 Ubwo wakurikije ibyo nigishije ukanāmbaho, nanjye nzakurinda mu bihe by’amakuba agiye kuzakwira isi yose ngo agerageze abayituye.

11 Ngiye kuza bidatinze, komeza ibyo ufite rero kugira ngo hatagira ugutwara ikamba wagenewe.

12 Utsinda wese nzamugira inkingi mu Ngoro y’Imana yanjye, ntazigera asohokamo ukundi. Nzandika kuri we izina ry’Imana yanjye n’iry’umurwa wayo ari wo Yeruzalemu nshya, igiye kumanuka iturutse mu ijuru ku Mana yanjye. Byongeye kandi nzandika kuri we izina ryanjye rishya.

13 “ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w’Imana abwira amatorero yayo!’

Ubutumwa bugenewe itorero ry’Imana ry’i Lawodiseya

14 “Andikira umumarayika ushinzwe itorero ry’Imana ry’i Lawodiseya, uti: ‘Uwitwa Amina, umuhamya w’indahemuka kandi w’umunyakuri, ari na we shingirory’ibyo Imana yaremye aravuze ngo:

15 Nzi ibyo ukora. Ntukonje kandi ntushyushye. Ubonye iyaba wari ukonje cyangwa ngo ube ushyushye!

16 None rero ubwo uri akazuyazi ukaba udakonje ntunashyuhe, ngiye kukuruka!

17 Uravuga uti: “Ndi umukire ndakungahaye, nta cyo nkennye na busa.” Nyamara ntuzi ukuntu uri umutindi wo kubabarirwa, ntugira shinge na rugero, uri impumyi kandi wambaye ubusa.

18 Ni cyo gituma nkugīra inama yo kunguraho izahabu yatunganyijwe n’umuriro, maze ubone kuba umukungu ungureho n’imyambaro yera, kugira ngo uhishe ubwambure bwawe buteye isoni, kandi ungureho n’umuti wo gusīga ku maso, kugira ngo uhumuke urebe.

19 Abo nkunda bose ndabacyaha nkabacishaho umunyafu. Nuko rero gira umwete wihane.

20 Dore mpagaze ku rugi ndakomanga, unyumva wese agakingura nzinjira iwe nsangire na we, na we kandi asangire nanjye.

21 Utsinda nzamuha kwicarana nanjye ku ntebe yanjye ya cyami, nk’uko nanjye natsinze nkicarana na Data ku ntebe ye ya cyami.

22 “ ‘Ufite amatwi yumva ngaho niyumve icyo Mwuka w’Imana abwira amatorero yayo!’ ”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/3-eb05561534b57f18fd890948cfb2d463.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 4

Mu ijuru baramya Imana

1 Hanyuma ngira ntya mbona mu ijuru urugi rukinguye.

Uwo nari numvise bwa mbere ijwi rye ryarangiraga nk’iry’impanda, arambwira ati: “Zamuka uze hano nkwereke ibigiye gukurikiraho.”

2 Ako kanya Mwuka w’Imana anzaho, maze ndabonekerwa, mbona intebe ya cyami y’Imana mu ijuru, mbona n’Uyicayeho

3 arabagirana nk’amabuye y’agaciroyitwa yasipi na sarudiyo. Iyo ntebe ya cyami kandi yari izengurutswe n’umukororombya warabagiranaga nk’ibuye rya emerodi.

4 Yari izengurutswe kandi n’izindi ntebe za cyami makumyabiri n’enye, zicaweho n’abakuru makumyabiri na bane bambaye imyenda yera, kandi batamirije amakamba y’izahabu.

5 Kuri iyo ntebe ya cyami haturukaga imirabyo n’amajwi no guhinda kw’inkuba. Imbere y’iyo ntebe hari hateretswe amatara arindwi yaka umuriro, ari yo binyamwuka by’Imana.

6 Imbere y’iyo ntebe hari igisa n’ikiyaga kigizwe n’ikirahuri, kibonerana nk’ibuye ry’isarabwayi.

Imbere y’iyo ntebe n’ahayizengurutse hakaba ibyitwa ibinyabuzima bine, byuzuyeho amaso imbere n’inyuma.

7 Ikinyabuzima cya mbere cyasaga n’intare, icya kabiri kigasa n’ikimasa, icya gatatu mu maso kigasa n’umuntu, naho icya kane kigasa na kagoma iguruka.

8 Buri kinyabuzima cyari gifite amababa atandatu, kandi byose byari byuzuyeho amaso ku nda n’inyuma hose. Ijoro n’amanywa ntibituza kuririmba biti:

“Umuziranenge, Umuziranenge, Umuziranenge,

ni Nyagasani Imana Ishoborabyose.

Ni yo yahozeho kandi iriho, kandi igiye kuza.”

9 Ibyo binyabuzima bine ni ko bihora biririmba biha ikuzo Imana ihoraho iteka ryose, yicaye kuri ya ntebe ya cyami, bikayubaha bikanayishimira. Uko bigize bityo kandi

10 ba bakuru makumyabiri na bane na bo bikubita imbere y’Iyicaye kuri ya ntebe ya cyami, bakaramya Ihoraho iteka ryose. Ubwo kandi bakaba banaze amakamba yabo imbere y’iyo ntebe, bakavuga bati:

11 “Nyagasani Mana yacu,

ni wowe ukwiye guhabwa ikuzo n’icyubahiro n’ububasha,

koko ni wowe waremye ibintu byose.

Byaremwe ku bushake bwawe,

ni wowe ubibeshaho.”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/4-4e30ce80d3ebba2e53266a92695d946a.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 5

Umwana w’intama n’umuzingo w’igitabo

1 Nuko mbona umuzingo w’igitabo mu kiganza cy’iburyo cy’Iyicaye kuri ya ntebe ya cyami. Wari wanditswe imbere n’inyuma, kandi ufungishijwe ibimenyetsobirindwi.

2 Mbona n’umumarayika w’igihangange, warangururaga ijwi abaza ati: “Ni nde ukwiriye gufungura uyu muzingo w’igitabo, akavanaho ibimenyetso biwufunze?”

3 Nuko mu ijuru no ku isi ndetse n’ikuzimu, ntihagira n’umwe ubasha gufungura uwo muzingo w’igitabo ngo awurebemo.

4 Ndizwa cyane n’uko hatabonetse n’umwe ukwiriye gufungura uwo muzingo w’igitabo ngo awurebemo.

5 Umwe muri ba bakuru arambwira ati: “Wirira! Dore aratsinze ya ntare yo mu muryango wa Yuda, ari na we gishyitsi cya Dawidi.Ni we ugiye gufungura uwo muzingo w’igitabo, akavanaho ibimenyetso birindwi biwufunze.”

6 Nuko mbona Umwana w’intamaari kuri ya ntebe ya cyami rwagati, azengurutswe na bya binyabuzimabine hamwe na ba bakuru. Yasaga n’uwishwe. Yari afite amahembe arindwi n’amaso arindwi, ari byo bya binyamwuka by’Imana byatumwe na yo ku isi yose.

7 Nuko Umwana w’intama araza, yakira uwo muzingo w’igitabo mu kuboko kw’iburyo kw’Iyicaye kuri ya ntebe ya cyami.

8 Amaze kuwakira, bya binyabugingo bine na ba bakuru makumyabiri na bane bikubita imbere y’Umwana w’intama. Buri wese yari afite inanga n’inzabya za zahabu zuzuye imibavu, ari yo masengesho y’intore z’Imana.

9 Baririmbaga indirimbo nshyabati:

“Ni wowe ukwiriye kwakira uwo muzingo w’igitabo,

ukwiriye no kuvanaho ibimenyetso biwufunze.

Koko warishwe, amaraso yawe uyacunguza abantu,

wabagaruriye Imana,

wabavanye mu miryango yose no mu bavuga indimi izo ari zo zose,

wabavanye mu moko yose no mu mahanga yose.

10 Wabagize abantu b’ubwami bw’Imana,

wabagize n’abatambyi ngo bakorere Imana yacu,

bityo bazima ingoma bategeke isi.”

11 Ndongera ndareba numva ijwi ry’abamarayika, bari benshi cyane, ibihumbi n’ibihumbi. Bari bazengurutse ya ntebe ya cyami na bya binyabuzima na ba bakuru.

12 Bavuga cyane bati: “Umwana w’intama wishwe ni we ukwiriye guharirwa ububasha n’ubukungu, n’ubwenge n’imbaraga, n’icyubahiro n’ikuzo no gusingizwa.”

13 Nuko numva ibyaremwe byose biri mu ijuru no ku isi n’ikuzimu no mu nyanja, mbese iby’aho byose uko bingana bigira biti:

“Iyicaye kuri ya ntebe ya cyami

hamwe n’Umwana w’intama,

nibahorane ibisingizo n’icyubahiro,

ikuzo n’ububasha iteka ryose.”

14 Bya binyabuzima bine bikikiriza biti: “Amina.” Na ba bakuru bakikubita hasi bakaramya.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/5-f1928ab2bcec3473cada51d5279fddc6.mp3?version_id=387—

Categories
Ibyahishuwe

Ibyahishuwe 6

Ibimenyetso bivanwaho

1 Hanyuma, mbona Umwana w’intama avanyeho kimwe muri bya bimenyetso bifunze wa muzingo w’igitabo, maze numva icya mbere muri bya binyabuzima bine kivuga cyane nk’inkuba ihinda, kigira kiti: “Ngwino!”

2 Nuko ngira ntya mbona ifarasi y’igitare. Uwo ihetse yari afite umuheto maze ahabwa n’ikamba. Nuko agenda atsinda kandi agamije gutsinda.

3 Umwana w’intama avanaho ikimenyetso cya kabiri. Nuko numva ikinyabuzima cya kabiri kigira kiti: “Ngwino!”

4 Nuko indi farasi y’igaju iraza. Uwo ihetse atumwa guteza intambara ku isi, kugira ngo abantu basubiranemo bicane, ahabwa inkota nini.

5 Umwana w’intama avanaho ikimenyetso cya gatatu. Nuko numva ikinyabuzima cya gatatu kigira kiti: “Ngwino!” Ngo ngire ntya mbona ifarasi y’umukara. Uwo ihetse yari afite umunzani mu ntoki.

6 Maze numva ikimeze nk’ijwi ry’umuntu uvugiye hagati muri bya binyabuzima bine, agira ati: “Ikiro cy’ingano kigurwe igihembo cy’umubyizi, ibiro bitatu by’ingano zitwa bushokina byo bigurwe igihembo cy’umubyizi, naho amavuta na divayi ntugire icyo ubikoraho.”

7 Umwana w’intama avanaho ikimenyetso cya kane, maze numva ikinyabuzima cya kane kigira kiti: “Ngwino!”

8 Ngo ngire ntya mbona ifarasi y’ikijuju. Uwo ihetse akitwa Rupfu kandi yari akurikiwe n’uwitwa Kuzimu. Bahabwa ubushobozi kuri kimwe cya kane cy’abatuye isi, kugira ngo babicishe inkota n’inzara n’indwara z’ibyorezo, n’inyamaswa z’inkazi.

9 Umwana w’intama avanaho ikimenyetso cya gatanu. Nuko mbona munsi y’urutambiro abantu bapfuye, bishwe bahōrwa kwamamaza Ijambo ry’Imana no guhamya ibyayo.

10 Bavugaga cyane baranguruye ijwi, bati: “Databuja, wowe Muziranenge, wowe Munyakuri, uzageza ryari ko watinze gucira urubanza abatuye isi, no guhōrera amaraso yacu bamennye?”

11 Nuko buri wese ahabwa ikanzu yera, kandi barabwirwa ngo bagende baruhuke ikindi gihe gito, kugeza ubwo umubare w’abagaragu bagenzi babo n’abavandimwe babo uzaba ushyitse, ari bo bagombaga kuzicwa kimwe na bo.

12 Mbona Umwana w’intama avanaho ikimenyetso cya gatandatu. Habaho umutingito w’isi ukaze, izuba rihinduka umukara nk’umwambaro ugaragaza akababaro, n’ukwezi guhinduka umutuku nk’amaraso.

13 Inyenyeri zihanuka ku ijuru, zigwa ku isi, nk’uko imbuto z’umutini zihanantuka zikiri mbisi, iyo zihuye n’umuyaga ukaze.

14 Ijuru rikurwaho nk’uko bazinga umuzingo w’igitabo, n’imisozi yose n’ibirwa byose bikurwa aho byari biri.

15 Abami batwara iyi si n’ibikomerezwa byayo, abagaba b’ingabo n’abakungu n’abanyambaraga, abakoreshwa agahato kimwe n’abigenga, bose biroha mu buvumo no mu bitare byo ku misozi ngo bihishe.

16 Babwiraga imisozi n’ibitare bati: “Nimutugweho muduhishe amaso y’Iyicaye kuri ya ntebe ya cyami, muduhishe n’uburakari bw’Umwana w’intama.

17 Uyu ni wo munsi ukaze w’uburakari bwabo. Ni nde uzawurokoka?”

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/REV/6-25ab1679430cc5083b58f2773f5735b9.mp3?version_id=387—