Categories
1 Abanyatesaloniki

1 Abanyatesaloniki 3

1 Noneho ubwo tutagishoboye kwihanganira kutamenya amakuru yanyu, twasanze ibyiza ari uko twebwe twasigara mu mujyi wa Atene twenyine.

2 Ni ko kuboherereza Timoteyo, umuvandimwe wacu dufatanyije umurimo w’Imana wo kwamamaza Ubutumwa bwiza bwa Kristo. Twamuboherereje kugira ngo abashyigikire kandi abatere inkunga, kugira ngo murusheho kwizera Kristo,

3 hatagira n’umwe muri mwe uteshuka kubera amakuba turimo. Muzi kandi ko ibyo ari ibyo Imana yatugeneye.

4 Ubwo twari kumwe twabamenyesheje mbere y’igihe ko tugiye gutotezwa, kandi muzi ko ari ko byagenze.

5 Ni yo mpamvu ntashoboye kwihangana, noneho nkabatumaho Timoteyo kugira ngo amenyere aho mugeze mu kwizera Kristo. Natinyaga ko wa Mushukanyi yaba yarabayobeje maze tukaba twaravunikiye ubusa.

6 Ubu Timoteyo amaze guhindukiraaturuka iwanyu, yatuzaniye inkuru nziza y’ukuntu mwizera Kristo n’iy’urukundo rwanyu. Yatubwiye ko muhora mutwibuka, mudufitiye ubwuzu n’urukumbuzi kimwe n’uko natwe tubakumbura.

7 Ni yo mpamvu bavandimwe, ukwizera Kristo kwanyu kwadukomeje mu ngorane zose no mu makuba twagize.

8 Ubu ngubu rero turumva tuguwe neza kubera ko mugikomeye kuri Nyagasani.

9 Twabashimira Imana dute? Twayitura dute umunezero mwinshi duterwa namwe imbere yayo?

10 Ijoro n’amanywa dusaba Imana cyane rwose ngo iduhe kongera kubonana, kandi tubaheshe ibyo mugikeneye mu kwizera Kristo kwanyu.

11 Imana Data ubwayo ifatanyije n’Umwami wacu Yezu, nidushakire akayira kagera iwanyu.

12 Nyagasani nabagwirize ndetse abasesekarize urukundo mukundana n’urwo mufitiye abantu bose, nk’uko natwe tubakunda.

13 Nabakomeze imitima maze muzabe mudafite inenge cyangwa umugayo imbere y’Imana Data, igihe Umwami wacu Yezu azaba aje, ashagawe n’intoreze zose.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TH/3-f51c70f030c849506974537a5816ec20.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyatesaloniki

1 Abanyatesaloniki 4

Imibereho ishimisha Imana

1 Ahasigaye bavandimwe, turabasaba tubinginga mu izina rya Nyagasani Yezu ngo mujye mugenza nk’uko twabigishije, kugira ngo mushimishe Imana. Koko kandi musanzwe mubikora, noneho nimurusheho.

2 Muzi kandi amabwiriza twabahaye aturutse kuri Nyagasani Yezu.

3 Ngibi ibyo Imana ibashakaho: ni ukuba abaziranengemukirinda ubusambanyi.

4 Buri wese muri mwe nabane n’uwo bashakanye, bagirane umubano utagira amakemwa ushimwa na bose,

5 badatwarwa n’irari nk’abo mu mahanga batazi Imana.

6 Ku byerekeye imibanire ntihakagire uhemukira umuvandimwe we ngo amuce inyuma, kuko Nyagasani azahana abakora batyo nk’uko twabibabwiye tubihanangiriza.

7 Erega Imana ntiyaduhamagariye kwiyandavuza, ahubwo yaraduhamagaye ngo tube abaziranenge!

8 Ni yo mpamvu uzanga gukurikiza izo nyigisho atazaba ari umuntu yasuzuguye, ahubwo azaba yasuzuguye Imana ibaha Mwuka wayo Muziranenge.

9 Ibyerekeye urukundo rwa kivandimwe, si ngombwa kubibandikira kuko Imana yabigishije gukundana,

10 ndetse musanzwe mukundana n’abavandimwe bose bo mu ntara yose ya Masedoniya. Bavandimwe, turabasaba rwose kurushaho kugenza mutyo.

11 Mwihatire kubaho mu ituze mwita ku bibareba, kandi mukoresha amaboko yanyu nk’uko twabibategetse.

12 Bityo muzajye mugenza uko bikwiye imbere ya rubanda, kandi nta cyabo muzakenera.

Ukuza kwa Nyagasani

13 Bavandimwe, twifuza ko mutayoberwa ibyerekeye abamaze gupfa, kugira ngo mudashavura nk’abandi badafite icyo biringiye.

14 Nk’uko twemera ko Yezu yapfuye kandi akazuka, ni na ko twemera ko abapfuye bamwizera, Imana izabazurana na we.

15 Iri jambo tubabwira ni iryo twatumwe na Nyagasani: twebwe abazaba bakiriho aje, ntabwo tuzabanziriza abazaba barapfuye.

16 Ahubwo tuzumva itegeko twumve n’ijwi ry’umumarayika mukuru, twumve n’impanda y’Imana noneho Nyagasani ubwe amanuke avuye mu ijuru, maze abapfuye bizera Kristo babanze bazuke.

17 Nyuma natwe abazaba bakiriho duhite tuzamuranwa na bo mu bicu, dusanganire Nyagasani mu kirere maze tuzabane na we iteka ryose.

18 Nuko rero mubwirane ayo magambo, kugira ngo abahumurize.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TH/4-b7031cc9953bf1c54e7c7e006097f995.mp3?version_id=387—

Categories
1 Abanyatesaloniki

1 Abanyatesaloniki 5

Mwitegure ukuza kwa Nyagasani

1 Bavandimwe, ntimukeneye ko tubandikira ibyerekeye ibihe n’iminsi ibyo bizabera.

2 Ubwanyu muzi neza ko umunsi wa Nyagasani uzabatungura nk’umujura wa nijoro.

3 Igihe bazaba bavuga bati: “Ni amahoro, hari umutekano”, ni bwo icyorezo kizabatungura nk’uko ibise bitungura umubyeyi utwite, maze babure aho bahungira.

4 Nyamara mwebwe bavandimwe, ntabwo muri mu mwijima ku buryo uwo munsi wabatungura nk’umujura,

5 kuko mwese muri ab’umucyo, muri ab’amanywa. Ntituri ab’ijoro, ntituri n’ab’umwijima.

6 Nuko rero twe gusinzira nk’abandi, ahubwo tube maso kandi twirinde muri byose.

7 Abasinzira basinzira nijoro, kandi abasinda basinda nijoro.

8 Twebwe rero turi ab’amanywa, ntitugategekwe n’inda tujye twirinda muri byose. Tujye twambara ikoti ry’icyuma rikingiriza igituza ari ryo ukwizera n’urukundo, kandi twambare n’ingofero y’icyuma ari yo kwiringira agakiza.

9 Erega Imana ntiyatugeneye kuzagubwaho n’uburakari bwayo! Ahubwo yatugeneye guhabwa agakiza dukesha Umwami wacu Yezu Kristo,

10 wadupfiriye kugira ngo tuzabane na we ubwo azaza, yasanga tukiriho cyangwa twarapfuye.

11 Noneho rero muhumurizanye, kandi muterane inkunga nk’uko musanzwe mubigenza.

Amabwiriza aheruka

12 Bavandimwe, turabasaba kuzirikana abo muri mwe bavunwa no kubayobora, bakabakosora babishinzwe na Nyagasani.

13 Nimububahe cyane kandi mubakunde kubera umurimo bakora. Namwe kandi mubane amahoro.

14 Bavandimwe, turabihanangiriza ngo mucyahe imburamukoro, mutinyure abanyabwoba kandi mukomeze abanyantegenke, bose mujye mubihanganira.

15 Muramenye he kugira uwitura undi inabi, ahubwo muhore mushaka kugirirana neza, ndetse abantu bose mubagirire neza.

16 Mwishime iteka,

17 musenge ubutitsa,

18 mushimire Imana uko byamera kose, kuko ari byo ibashakaho mwebwe abari muri Kristo Yezu.

19 Ntimugacubye Mwuka w’Imana,

20 ntimugasuzugure ibyahanuwe.

21 Mugenzure byose, ibyiza mubigumane,

22 maze mwirinde icyitwa ikibi cyose.

Umwanzuro

23 Imana ubwayo yo sōko y’amahoro ibagire abayo rwose, irinde buri wese uko ari kose: umwuka n’ubuzima n’umubiri, maze Umwami wacu Yezu Kristo naza azasange mutariho umugayo.

24 Imana ibahamagara ni indahemuka, izabikora nta kabuza.

25 Bavandimwe, natwe mudusabire.

26 Muramutse kandi abavandimwe bose muhoberanaku buryo butagira amakemwa.

27 Mu izina rya Nyagasani, ndabasaba nkomeje ko uru rwandiko rusomerwa abavandimwe bose.

28 Umwami wacu Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu!

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TH/5-6a36bb6ae222ce79afe21252f626924e.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyatesaloniki

2 Abanyatesaloniki 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo hamwe na Silasi na Timoteyo,

turabandikiye mwebwe abari mu Mana Data no muri Nyagasani Yezu Kristo, mugize itorero rya Kristo ry’i Tesaloniki.

2 Imana Data nibagirire ubuntu, ibahe n’amahoro, ifatanyije na Nyagasani Yezu Kristo.

Urubanza ruzaba ubwo Kristo azaza.

3 Bavandimwe, twabura dute kubashimira Imana ubutitsa? Koko birakwiye kuko murushaho gutera imbere mu kwizera Kristo, kandi n’urukundo mufitanye rukiyongera.

4 Ni yo mpamvu mu matorero y’Imana turata ibyanyu, tuvuga uko mwihangana mukizera Kristo, nubwo mutotezwa mukanahura n’amakuba y’uburyo bwose.

5 Ibyo ni byo byerekana ko Imana idaca urwa kibera. Ni cyo kizatuma mubarwa mu bakwiye ubwami bwayo, ari na bwo babahōra bakabagirira nabi.

6 Imana ni intabera, ababateza amakuba izabitura amakuba,

7 namwe abababazwa ibiture kuruhukana natwe. Ni ko bizamera igihe Nyagasani Yezu azahishurwa avuye mu ijuru, ashagawe n’abamarayika be yahaye ububasha.

8 Azaza mu muriro ugurumana yihōrere ku batazi Imana, ntibumvire Ubutumwa bwiza bw’Umwami wacu Yezu.

9 Bazahabwa igihano cyo kurimbuka bajyanwe kure ya Nyagasani, batandukanywe n’ikuzo rye n’ububasha bwe.

10 Ni ko bizamera kuri wa munsi Nyagasani azaza guheshwa ikuzo n’intore ze no gutangarirwa n’abamwemeye bose – muri abo namwe murimo, kuko mwemeye ibyo twahamije hagati muri mwe.

11 Ngiyo impamvu ituma duhora tubasabira kugira ngo Imana ibone ko mukwiye ibyo yabahamagariye. Turayisaba kurambura ukuboko kwayo ngo isohoze imigambi myiza yose mwagize, kimwe n’ibikorwa byiza muheshwa no kwizera Kristo.

12 Bityo Umwami wacu Yezu Kristo aherwe ikuzo muri mwe, kandi namwe muriherwe kuri we, mubikesha ubuntu mugirirwa n’Imana yacu na Nyagasani Yezu Kristo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TH/1-1c90b8f6d9b771e610ba07f84bff8cc1.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyatesaloniki

2 Abanyatesaloniki 2

Umugome Gica

1 Bavandimwe, ku byerekeye kuza k’Umwami wacu Yezu Kristo no ku byerekeye uko tuzateranira imbere ye, turabasabye

2 ntimuzakurwe umutima cyangwa ngo muterwe ubwoba no kumva ko umunsi wo kuza kwa Nyagasani wageze, naho hagira uvuga ko yabihishuriwe na Mwuka cyangwa ko hari uwabitangaje, cyangwa se ko ari twe twabyanditse.

3 Ntihazagire ubashuka na gato. Ibyo bitaraba hagomba kuzabanza kubaho abantu benshi beguka ku Mana, noneho uwitwa “Umugome Gica” wagenewe kurimbuka agahishurwa.

4 Uwo ni we urwanya icyo abantu bita imana cyose n’icyo basenga cyose, akishyira hejuru yabyo ku buryo yicara mu Ngoro y’Imana, akigira Imana.

5 Mbese ntimwibuka ko tukiri kumwe nabibabwiye?

6 Ubu kandi muzi igihagaritse ibyo byose icyo ari cyo. Ni ukugira ngo azahishurwe igihe cye kigeze.

7 Koko rero amayobera y’ubugome yatangiye gukora ibyayo. Icyakora haracyariho ubuzitiyekugeza igihe azavanwaho.

8 Ubwo ni bwo wa Mugome azahishurwa, noneho igihe Nyagasani Yezu azaba aje amwicishe umwuka wo mu kanwa ke, amutsembeshe ukurabagirana kwe.

9 Uwo Mugome azaza akoreshwa n’imbaraga za Satani ngo atange ibimenyetso, akore ibitangaza n’ibindi bikorwa by’ububasha by’uburyo bwose byo kuyobya abantu.

10 Azakoresha ubuhemu bw’uburyo bwose kugira ngo ashuke abagenewe kurimbuka, bazira kudakunda ukuri kwari kubarokora.

11 Ni yo mpamvu Imana iboherereza ubuyobe bukaze butuma bemera ibinyoma.

12 Bityo abazaba bataremeye ukuri ahubwo bakishimira ubugome, bazatsindwe n’urubanza.

Abatoranyirijwe agakiza

13 Bavandimwe mukundwa na Nyagasani, nta cyatubuza guhora dushimira Imana kubera mwebwe. Ni mwe Imana yatoranyije ngo mube aba mbere bo guhabwaagakiza mubikesha Mwuka wabeguriye Imana, mubikesha kandi kwemera ukuri.

14 Ni byo yabahamagariye ikoresheje Ubutumwa bwiza twabagejejeho, kugira ngo muhabwe ikuzo ry’Umwami wacu Yezu Kristo.

15 Bityo rero bavandimwe, nimuhagarare kigabo, mukomere ku nyigisho twabagejejeho mu magambo no mu nzandiko.

16 Nyagasani Yezu Kristo nabakomeze, afatanyije n’Imana Data yadukunze ikadutera inkunga iteka, ikadutera no kwiringira ibyiza kubera ubuntu itugirira.

17 Nibakomeze rero, ibahe n’imbaraga mu byiza byose mukora kandi muvuga.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TH/2-897a903265a8a37ff697a387984aea02.mp3?version_id=387—

Categories
2 Abanyatesaloniki

2 Abanyatesaloniki 3

“Nimudusabire.”

1 Ahasigaye rero bavandimwe, mudusabire kugira ngo Ijambo rya Nyagasani rikomeze ryamamare, rihabwe ikuzo nk’uko bigenda iwanyu.

2 Mudusabire kandi kugira ngo Imana idukize abagome n’abagizi ba nabi. Erega si ko bose bemera Kristo!

3 Ariko Nyagasani ni indahemuka, azabakomeza kandi abarinde Sekibi.

4 Ni Nyagasani utuma tubagirira icyizere, ibyo tubashinga murabikora kandi muzakomeza kubikora.

5 Nyagasani nabayobore abageze ku rukundo rw’Imana, no ku kwihangana gutangwa na Kristo.

Kwirinda ubunebwe

6 Bavandimwe, mu izina rya Nyagasani Yezu Kristo turabihanangiriza kwitandukanya n’umuvandimwe wese w’umunebwe, udakurikiza inyigisho twabahaye.

7 Mwebwe ubwanyu muzi neza ukuntu mugomba gukurikiza urugero rwacu. Igihe twari kumwe ntabwo twabaye abanebwe,

8 nta muntu twigeze twaka ibyo kudutunga ku busa. Ahubwo ijoro n’amanywa twarakoze, tugira imvune n’umunaniro kugira ngo tutagira n’umwe turushya.

9 Si uko tutari tubifitiye uburenganzira, ahubwo twashatse kubaha urugero mukurikiza.

10 Koko rero igihe twari iwanyu twarababwiye tuti: “Udashaka gukora ntakarye.”

11 None twumva ko muri mwe hari abanebwe batagira icyo bakora, ahubwo bakivanga mu by’abandi.

12 Abo ngabo turabategeka tubihanangiriza mu izina rya Nyagasani Yezu Kristo, ngo bakore bafite ituze kugira ngo babone ibibatunga.

13 Naho mwebwe bavandimwe, ntimugacogore mu gukora ibyiza.

14 Nihagira utumvira amabwiriza yacu akubiye muri uru rwandiko, mumumenye mwitandukanye na we bitume akorwa n’isoni.

15 Icyakora ntimukamufate nk’umwanzi, ahubwo mujye mumuhana bya kivandimwe.

Umwanzuro

16 Nyagasani we sōko y’amahoro, ubwe abe ari we ubaha amahoro iteka ku buryo bwose. Nyagasani nabane namwe mwese.

17 Jyewe Pawulo ndabatashya. Ibi ni jye ubyiyandikiye n’ukwanjye kuboko. Ni wo mukono njya nshyira ku nzandiko zanjye zose. Uko ni ko nandika.

18 Umwami wacu Yezu Kristo nagumye kubagirira ubuntu mwese.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/2TH/3-a26d1c5b2e26ec0cc7a3c558a00d43d7.mp3?version_id=387—

Categories
1 Timoteyo

1 Timoteyo 1

Indamutso

1 Jyewe Pawulo Intumwa ya Kristo Yezu nk’uko byategetswe n’Imana Umukiza wacu na Kristo Yezu twiringira,

2 ndakwandikiye Timoteyo mwana wanjye nibyariye muri Kristo twemera.

Imana Data ikugirire ubuntu iguhe n’imbabazi n’amahoro, ifatanyije na Kristo Yezu Umwami wacu.

Kwirinda inyigisho ziyobya

3 Nk’uko nabigusabye igihe najyaga mu ntara ya Masedoniya, ugume Efezi kugira ngo ubuze abantu bariyo gukwiza inyigisho ziyobya.

4 Ubabuze no kwihambira ku bitekerezo bitagira ishingiro, no ku bisekuruzabitagira iherezo. Ibyo bizana impaka gusa, aho guteza imbere imigambi y’Imana twemezwa no kwizera Kristo.

5 Intego mfite ngushinga ibyo ni ukugira ngo bagire urukundo rukomoka ku mutima uboneye utabarega ikibi, no kwizera Kristo kuzira uburyarya.

6 Bamwe bahushije iyo ntego, bahera mu magambo y’amahomvu.

7 Bashaka kuba abigisha b’Amategeko, nyamara batazi neza ibyo bavuga n’ibyo bemeza abantu bihandagaje.

8 Turabizi koko Amategeko ni meza, igihe umuntu ayakoresha uko bikwiye.

9 N’ubundi tuzi ko Amategeko atashyiriweho intungane, ahubwo dore abo yashyiriweho: abagome n’ibigande, abatubaha Imana n’abanyabyaha, abahakana Imana n’abasuzugura ibyayo, abica ba se na ba nyina kimwe n’abicanyi bose,

10 abasambanyi basanzwe n’abasambana n’abo bahuje igitsina, abacuruza abantu n’ababeshyi n’abarahira ibinyoma, mbese abakora ibintu byose binyuranye n’inyigisho zishyitse.

11 Izo ni zo nyigisho zihuje n’Ubutumwa nashinzwe, bwerekeye ikuzo ry’Imana nyir’ugusingizwa.

Gushimira Imana ubuntu igira

12 Ndashimira Umwami wacu Kristo Yezu watumye mbasha kumukorera, akangirira icyizere, bityo akanshinga umurimo we.

13 Nari umuntu ukunda gutuka Imana, ngatoteza abayoboke bayo nkaba n’umunyarugomo. Ariko Imana yarambabariye kuko ibyo nabiterwaga n’ubujiji, kubera ko ntemeraga Kristo.

14 Ubuntu Umwami wacu agira bwaransābye, kimwe n’ukwizera n’urukundo tubonera muri Kristo Yezu.

15 Iri jambo ni iry’ukuri kandi rikwiye kwemerwa na bose: Kristo Yezu yazanywe ku isi no gukiza abanyabyaha, kandi mu banyabyaha ni jye wa mbere.

16 Ariko icyatumye Imana ingirira imbabazi, ni ukugira ngo muri jye umunyabyaha wa mbere Kristo Yezu yerekane ukwihangana kwe kuzuye, bityo mbere urugero abazamwizera bose bagahabwa ubugingo buhoraho.

17 Umwami uhoraho ari we Mana imwe rukumbi, idapfa kandi itarebwa n’amaso, ahabwe icyubahiro n’ikuzo iteka ryose. Amina.

18 Timoteyo mwana wanjye, dore ibyo ngushinze bihuye n’ibyabanje guhanurwa kuri wowe. Ubyiteho bitume urwana intambara nziza,

19 ukomere kuri Kristo twemera ufite umutima utakurega ikibi. Uwo mutima bamwe banze kuwumvira bareka kwizera Kristo, bamera nk’abigungiye mu matongo.

20 Muri abo hari Himeneyo na Alegisanderi, nabeguriye Sataningo bibigishe kutazongera gutuka Imana.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TI/1-8dee2c485e63076c5a91a7b081d63bb7.mp3?version_id=387—

Categories
1 Timoteyo

1 Timoteyo 2

Amabwiriza yerekeye amasengesho

1 Mbere ya byose ndabihanangiriza ngo mu masengesho yanyu mujye musabira abantu bose, mwinginga Imana kandi muyishimira ku bwabo.

2 Mujye musabira abami n’abandi bategetsi bose kugira ngo tugire amahoro n’ituze, maze tubeho twubaha Imana kandi turi inyangamugayo.

3 Ngibyo ibyiza bishimisha Imana Umukiza wacu,

4 ishaka ko abantu bose bakizwakugira ngo babashe kumenya ukuri byuzuye.

5 Hariho Imana imwe rukumbi kandi umuhuza wayo n’abantu ni umwe, na we ni umuntu, ni Kristo Yezu

6 witanze agapfa ngo abere incungu abantu bose. Icyo ni icyemezo cy’uko Imana ishaka ko bose bakizwa, cyatanzwe igihe kigeze.

7 Ku bw’ibyo nashyiriweho kuba umuvugizi wa Kristo, nkaba n’Intumwa ye ngo nigishe abatari Abayahudi ibyerekeye Kristo twemera n’ukuri kwe – ndavuga ukuri simbeshya.

8 Ndashaka ko ahantu hose abagabo bajya basenga barambuye amaboko, bafite imitima iboneye kandi badafite umujinya cyangwa impaka.

9 N’abagore ni uko bajye bambara uko bikwiye, birimbishe nk’abanyamutima badashira isoni, atari ukuboha imisatsi no kwambara imikufi y’izahabu, cyangwa amasaro y’agahebuzo cyangwa imyambaro y’igiciro gihanitse.

10 Ahubwo umurimbo wabo ube ibikorwa byiza bikwiriye abagore bubaha Imana.

11 Abagore bajye biga batuje kandi bubaha ku buryo bwose.

12 Sinemera ko abagore bigisha cyangwa ngo bategeke abagabo, ahubwo bakwiriye kugira ituze.

13 N’ubundi Adamu ni we waremwe mbere, Eva akurikiraho.

14 Adamu si we washutswe, ahubwo umugore we ni we washutswe maze acumura ku Mana.

15 Nyamara umugore azakirizwa mu ibyara nakomera kuri Kristo twemera, akagira urukundo, akiyegurira Imana kandi akaba umunyamutima.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TI/2-f6ecc99be9eb36210debca69a75604f4.mp3?version_id=387—

Categories
1 Timoteyo

1 Timoteyo 3

Abayobozi b’Umuryango w’Imana

1 Iri jambo ni iry’ukuri: niba umuntu yifuza kuba umuyobozi w’Umuryango w’Imana, aba yifuje umurimo mwiza.

2 Umuyobozi w’Umuryango w’Imana agomba kuba umuntu w’inyangamugayo, akaba n’umugabo ufite umugore umwe, udategekwa n’inda, ushyira mu gaciro kandi wiyubaha. Agomba kuba umuntu ukunda kwakira abagenzi, uzi kwigisha,

3 utari umunywi w’inzoga cyangwa umurwanyi. Ahubwo agomba kuba umunyamahoro, wirinda amahane kandi udakunda ifaranga.

4 Agomba kuba azi kuyobora neza abo mu rugo rwe bwite, no kumenyereza abana be guhora bubaha ababyeyi ku buryo bwose bukwiye.

5 None se unanirwa kuyobora urugo rwe bwite yashobora ate kwita ku Muryango w’Imana?

6 Umuyobozi w’Umuryango wayo ntakwiriye kuba umuntu wemeye Kristo vuba ngo atigira ishyano ryose, bityo agacirwa iteka nk’irya Satani.

7 Na none kandi agomba kuba umuntu n’abatemera Kristo bavuga neza, kugira ngo atagawa akagwa mu mutego wa Satani.

Abadiyakoni

8 Abadiyakoni na bo ni uko, bagomba kuba abantu biyubaha, bataryarya, batari abanywi b’inzoga kandi badafite umururumba w’inyungu.

9 Bagomba gukomera ku mabanga ya Kristo twemera, bafite imitima iboneye itabarega ikibi.

10 Na bo kandi bajye babanza bageragezwe, hanyuma niba nta cyo bagawa babone gukora uwo murimo w’ubudiyakoni.

11 Abadiyakonikazina bo bagomba kuba ari abantu biyubaha, bakirinda gusebanya no gutegekwa n’inda, ahubwo nibabe indahemuka ku buryo bwose.

12 Umudiyakoni wese agomba kuba umugabo ufite umugore umwe, uyobora neza abana be n’abandi bo mu rugo rwe.

13 Abakora uwo murimo neza bibahesha umwanya mwiza, bigatuma bavuga bashize amanga uko bemera Kristo Yezu.

Ibanga rikomeye

14 Nkwandikiye ibyo niringiye kuzaza kugusura vuba.

15 Icyakora nindamuka ntinze, uru rwandiko ruzakumenyesha uko umuntu agomba kwifata mu rugo rw’Imana, ni ukuvuga mu Muryango w’Imana nzima ari wo nkingi ishyigikiye ukuri kwayo.

16 Nta wabihakana, ibanga ryo kubaha Imana rirakomeye. Uwo rivuga

yagaragajwe ari umuntu,

avugwa ko ari intungane na Mwuka w’Imana,

arangamirwa n’abamarayika,

yamamazwa mu mahanga,

yemerwa n’abo ku isi,

ajyanwa mu ijuru,

ahabwa ikuzo.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TI/3-95df2969cbf87c9998a3d9f6835a9702.mp3?version_id=387—

Categories
1 Timoteyo

1 Timoteyo 4

Abigisha inyigisho ziyobya

1 Mwuka w’Imana avuga yeruye ko mu minsi y’imperuka bamwe bazimūra Kristo, bayoboke inyigisho ziyobya zikwizwa n’ingabo za Satani.

2 Bazaba bayobejwe n’uburyarya bw’abanyabinyoma bafite imitima ihuramye, ku buryo itakibashinja ibibi bakora.

3 Bazabuza abantu gushakana no kurya bimwe na bimwe kandi Imana ari yo yabiremye, kugira ngo abayoboke bayo basobanukiwe ukuri babirye bayishimira.

4 Erega ibyo Imana yaremye byose ni byiza, kandi nta na kimwe kigomba gutabwa iyo bacyakiranye ishimwe,

5 kuko kiba cyejejwe n’Ijambo ry’Imana no gusenga!

Umugaragu mwiza wa Yezu Kristo

6 Niwumvisha abavandimwe ibyo ngibyo uzaba ubaye umugaragu mwiza wa Yezu Kristo, bizagaragara ko utungwa n’amagambo ya Kristo twemera, n’inyigisho nziza wakurikije.

7 Naho ibitekerezo by’abakecuru bitagira ishingiro kandi bihakana Imana, ujye ubigendera kure ahubwo wimenyereze kubaha Imana.

8 Imyitozo ngororamubiri ifite akamaro ariko gake, naho kubaha Imana byo bigira akamaro ku buryo bwose, bitanga icyizere cyo guhabwa ubugingo bw’ubu n’ubw’igihe kizaza.

9 Iri jamboni iry’ukuri kandi rikwiye kwemerwa na bose:

10 igituma twemera kuvunika tugahirimbana, ni uko twiringiye Imana nzima yo Mukiza w’abantu bose cyane cyane abemera Kristo.

11 Ngibyo ibyo ugomba kwemeza abantu no kubigisha.

12 Ntihakagire ugusuzugura ngo ni uko uri muto. Ahubwo ubere urugero abemera Kristo mu mivugire no mu myifatire, no mu rukundo no mu kwemera Kristo, no mu kugira umutima uboneye.

13 Igihe ugitegereje ko nza wihatire gusomera abantu Ibyanditswe, no kubakomeza no kubigisha.

14 Ntukirengagize impano ikurimo wahawe n’Imana ubikesha ibyahanuwe, igihe abakuru b’Umuryango w’Imana bakurambikagaho ibiganza.

15 Ngibyo ibyo ugomba kuzirikana ukabyitaho. Ni bwo bizagaragarira bose ko utera imbere.

16 Wirinde ubwawe, witondere n’ibyo wigisha ubyizirikeho. Nugenza utyo uzahabwa agakiza wowe n’abagutega amatwi.

—https://api-cdn.youversionapi.com/audio-bible-youversionapi/126/32k/1TI/4-36e8bb17608302614015ee558beb9016.mp3?version_id=387—