Categories
Yobu

Yobu 40

Yobu yongera gusubiza

1 Uhoraho abwira Yobu ati:

2 “Wowe Yobu, ugisha impaka Imana Nyirububasha,

ubwo umburanya ngaho nshinja.”

3 Nuko Yobu asubiza Uhoraho ati:

4 “Dore nta cyo ndi cyo, nagusubiza iki?

Reka nicecekere.

5 Maze kuvuga sinongera,

navuze byinshi nta cyo ndi bwongereho.”

Yobu ntashobora kwigereranya n’Imana

6 Nuko Uhoraho avuganira na Yobu mu nkubi y’umuyaga, aramubwira ati:

Uhoraho

7 “Noneho kenyera kigabo ukomeze,

ngiye kukubaza nawe unsubize.

8 Mbese urashaka gusesa ibyemezo nafashe?

Ese urashaka kunsīga icyaha ngo wigire intungane?

9 Mbese ufite ububasha nk’ubwanjye?

Ese ijwi ryawe ryakangaranya abantu nk’iryanjye?

10 Noneho ambara ikuzo n’ubuhangange,

ambara icyubahiro n’ubwiza.

11 Ngaho suka uburakari bwawe bukwire hose,

reba abirasi igitsure ubacishe bugufi.

12 Reba abishyira hejuru bacishwe bugufi,

rimbura abagome aho bari hose.

13 Basubize bose mu gitaka,

bahambe bose mu mva.

14 Ubwo ni bwo nzagushimagiza,

nibwo nzemera imbaraga zawe ziguha gutsinda.

Ibyerekeye imvubu

15 Itegereze imvubu,

narayiremye nk’uko nawe ari jye wakuremye,

itunzwe n’ibyatsi nk’inka.

16 Imbaraga zayo ziba mu matako,

ingufu zayo ziba mu gituza.

17 Umurizo wayo wagira ngo ni igiti cya sederi,

imirya yo ku matako yayo irasobekeranye.

18 Amagufwa yayo akomeye nk’impombo zikozwe mu muringa,

imbavu zayo zikomeye nk’umutarimba.

19 Mu byo naremye byose yo ni agahebuzo,

ni jye jyenyine ubasha kuyica kuko ari jye wayiremye.

20 Koko ibibaya biyibera urwuri irishamo,

inyamaswa zirwikinaguramo.

21 Yiryamira munsi y’amarebe,

yihisha mu ruseke rwo mu bishanga.

22 Amarebe ayikingira izuba,

ibiti bimera ku mugezi birayikingiriza.

23 Umuvumba ukaze w’uruzi ntuyitera ubwoba,

n’iyo rwayirengaho ihama hamwe.

24 Ese hari uwayifata igihe iri maso?

Ese hari uwayitega igafatwa izuru?

Ibyerekeye igikōko cyo mu nyanja

25 “Mbese warobesha urushundura igikoko nyamunini?

Ese ururimi rwacyo warurobesha umugozi?

26 Mbese wabasha kunyuza umugozi mu zuru ryacyo?

Ese wabasha gutoboza urwasaya rwacyo ururobo?

27 Mbese wibwira ko cyagusaba imbabazi?

Ese cyakubwira amagambo agucacura?

28 Mbese hari amasezerano cyagirana nawe,

igihe cyose kikiriho kikakubera inkoreragahato?

29 Mbese wagikinisha nk’ukinisha akanyoni?

Ese wakizirika ngo kibe igikinisho cy’abakobwa bawe?

30 Mbese abarobyi bazakigenera igiciro?

Babasha se kukigabanya abajya kugicuruza?

31 Mbese uruhu rwacyo wabasha kurupfumuza imyambi?

Ese igihanga cyacyo wagipfumaguza amacumu?

32 Uzagerageze kugishyiraho ikiganza,

nuzirikana uko cyakurwanya ntuzasubira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *