1 “Mbese uzi igihe ihene z’agasozi zibyarira?
Waba se waragenzuye igihe imparakazi zibyarira?
2 Mbese wabaze amezi zimara zihaka,
bityo ngo umenye igihe zibyarira?
3 Zica bugufi zikabyara,
zibyara icyo zahakaga.
4 Ibyana byazo bikurana imbaraga bikibera mu gasozi,
iyo bicutse biragenda ntibigaruke.
5 Ni nde washumuye indogobe y’agasozi?
Ni nde wayihaye uburenganzira bwo kujya aho ishaka?
6 Nayihaye ubutayu ngo ibubemo,
nyituza ku gasi kadatuwe.
7 Ntiyita ku rusaku rwo mu mijyi,
ntiyumva urusaku rw’umushumba.
8 Itambagira imisozi ishaka urwuri,
iyitambagira ishakashaka ubwatsi butoshye.
9 Mbese imbogo yakwemera kugukorera?
Yakwemerera se kurara mu kiraro cyawe?
10 Mbese imbogo wabasha kuyizirika?
Wabasha se kuyizirikaho ibisuka ngo iguhingire?
11 Mbese wakwishingikiriza imbaraga zayo,
bityo ukayegurira imirimo wagombaga gukora?
12 Mbese wakwizera ko yagusarurira imyaka?
Ese wakwiringira ko yayikwanikira ku mbuga?
13 Mbuni ikubita amababa yayo yishimye,
yishimira amababa n’amoya byayo bitatse ubwiza.
14 Nyamara itera amagi yayo ku butaka,
iyataba kure mu mukungugu,
15 ntizirikana ko umuntu yayakandagira,
ntinazirikana ko inyamaswa yayamenagura.
16 Ibyana byayo ibifata nabi nk’aho itabibyaye,
ntitekereza ko bipfuye yaba yararuhiye ubusa.
17 Koko mbuni sinayihaye ubwenge,
nta bujijuke nigeze nyigenera.
18 Nyamara ikuramo ikiruka,
isiga ifarasi n’uyigenderaho.
19 Mbese ifarasi ni wowe wayihaye imbaraga?
Ese ni wowe wayambitse umugara ku gikanu?
20 Mbese ni wowe wayihaye gusimbuka nk’inzige?
Yivugana ishema abantu bagakangarana.
21 Iraha ubutaka mu kibaya ikoresheje imbaraga,
ikataza ijya gusakirana n’umubisha.
22 Nta cyo itinya nta n’ikiyitera ubwoba,
ntikangwa n’inkota ngo isubire inyuma.
23 Uyicayeho akora mu mutana imyambi igakomangana,
amacumu n’ibihosho bikavumera.
24 Usanga isisibiranya ishaka gutema ikirere,
yumva ihembe ry’intambara ntikomwe imbere.
25 Iyo ihembe ry’intambara rivuze irīvuga,
ireha aho urugamba ruremye ikiri kure,
yumva urusaku rw’abakuru b’ingabo n’induru y’abarwana.
26 Mbese ni wowe wigishije agaca kuguruka?
Ese ni wowe wakigishije kuguruka cyerekeje mu majyepfo?
27 Mbese ni wowe utegeka kagoma gutumbagira?
Ese ni wowe uyitegeka kwarika ahirengeye?
28 Yibera mu bitare akaba ari ho irara,
ku isonga y’urutare ni ho itura mu mutekano.
29 Aho ni ho yubikirira icyo ishaka kurya,
amaso yayo akirabukwa kikiri kure.
30 Ibyana byayo ibihaza inyama n’amaraso,
aho intumbi ziri inkongoro ntizihatangwa.”